KWITA KU BARWAYI NO GUFASHA ABAKENE

Precious Present Truth Inc. ikurikiza icyitegererezo cya Kristo kuko ubwo yari ku isi yafashaga abababaye. Kubw’ibyo Precious Present Truth Inc. yatangiye gufasha abana bafite ibibazo by’imirire mibi mu Rwanda. Tugaburira abana bafite ibibazo by’imirire mibi amafunguro 3 ku munsi (mu gitondo, saa sita na nimugoroba), kandi tukigisha Ijambo ry’Imana ababyeyi babo buri igitondo iyo bazanye abana babo.

Impano muha Precious Present Truth Inc. ibahindura umwe mu bafatanya n’itsinda ryacu rishinzwe kwamamaza Ubutumwa bw’Abamarayika Batatu ku isi hose, tuyobora abantu ku kwizera Yesu. . Umutungo wanyu mushora muri uyu murimo, uvamo inyungu nyinshi ari zo mitima ihindukirira Kristo mbere y’uko agaruka vuba, binyuze mu biganiro bitambuka ku mateleviziyo, amaradiyo, kuri interineti, ku masomo ya Bibiliya yigishwa, mu materaniro y’ivugabutumwa n’ibindi byinshi.

Tubashimiye uburyo mwifatanya natwe muri uyu murimo, kandi turabifuriza kuzasanganira Yesu ugiye kugaruka vuba bidatinze.