Abakurambere n’Abahanuzi
IJAMBO RY’IBANZE
Iki gitabo gifite insanganyamatsiko ku mateka y’ibyanditswe muri Bibiliya; insanganyamatsiko ku bitari bishya, ahubwo zigaragara nk’izitanga ubusobanuro bushya, zihishura impamvu zidutera gukora, zerekana ibikorwa bimwe na bimwe by’ingenzi, kandi zikazana umucyo utangaje ariko ku buryo bw’incamake ku byanditswe muri Bibiliya. Kubw’ibyo, ibibaho byose bigira imbaraga n’umumaro bishobora kugira impinduka nshya kandi zizahoraho.