Abo Turibo

Abo Turibo

Abo Turibo

Precious Present Truth, Inc. (PPT) ni umuryango udaharanira inyungu w’Abalayiki b’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi bitangiye kubwiriza Abanyafurika Ubutumwa bw’Abamarayika Batatu. Tubwiriza Abanyafurika Ubutumwa bw’Abamarayika Batatu nk’uko buboneka mu gitabo cy’Ibyahishuwe 14.6-13 mu ndimi zabo za kavukire, dukoresheje ikoranabuhanga, ibitabo n’inyandiko, ndetse n’amateraniro y’ivugabutumwa.   Twemera kandi dushyigikiye ivugabutumwa mu cyerekezo Inteko Nkuru Rusange y’Itorero ry’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi yihaye ari cyo: “Twese hamwe mu Murimo w’Ivugabutumwa” (TMI). Mu mugi wa Kinshasa, PPT Ministry ifatanyije na Filidi yaho, twakoze amateraniro y’ivugabutumwa yayobowe n’ababwiriza butumwa bwiza mpuzamahanga. Imana yahiriye imihati yacu ku buryo ku musozo wayo habatijwe abantu 360.

Icyerekezo cyacu

Gusakaza ukuri kwa Bibiliya gukiza ku Banyafurika, mu ndimi zabo za kavukire

Intero n’Inyikirizo byacu

Reka Ubutumwa bw’Abamarayika Batatu busakare ku isi maze twitahire iwacu bidatinze.

Gusakaza hose ubutumwa bwiza

PPT isakaza ukuri kwa Bibiliya kuri buri wese ku isi hose, cyane cyane ku bumva indimi z’abanyafurika, binyuze ku biganiro bitambuka ku mateleviziyo, amaradiyo, ku rubuga rwacu rwa interineti, kuri apulikasiyo yacu no ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye

Ibiganiro byacu bitambuka ku mateleviziyo yo mu Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo na Tanzaniya, kandi turizera ko mu bihe bya vuba tuzaba dufite televiziyo yacu bwite ngo tubashe kubwiriza Afurika yose.

Umurimo w’ivugabutumwa ku Banyafurika uragenda wiyongera. Turimo gutanga ibikoresho mu ndimi esheshatu: Kinyarwanda, Igifaransa, Icyongereza, Igiswahiri, Lingala na Tshiluba kandi turizera ko abantu benshi kumugabane wa Afrika bazaha Yesu ubuzima bwabo muburyo dukoresha.

Umubare w’abaturage bose bigishwa na PPT mu ndimi zabo barenga miliyoni 283.61.

KWITA KU BARWAYI NO GUFASHA ABAKENE

Precious Present Truth Inc. ikurikiza icyitegererezo cya Kristo kuko ubwo yari ku isi yafashaga abababaye Kubw’ibyo Precious Present Truth Inc. yatangiye gufasha abana bafite ibibazo by’imirire mibi mu Rwanda. Tugaburira abana bafite ibibazo by’imirire mibi amafunguro 3 ku munsi (mu gitondo, saa sita na nimugoroba), kandi tukigisha Ijambo ry’Imana ababyeyi babo buri igitondo iyo bazanye abana babo.

PPT Aho Dukorera

Turimo gukora cyane muri ibi bikurikira bihugu:

GUTUNGANYA IBYIGISHO

GUSAKAZA HOSE UBUTUMWA BWIZA

PPT isakaza ukuri kwa Bibiliya kuri buri wese ku isi hose, cyane cyane ku bumva indimi z’abanyafurika, binyuze ku biganiro bitambuka ku mateleviziyo, amaradiyo, ku rubuga rwacu rwa interineti, kuri apulikasiyo yacu no ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye.
Ibiganiro byacu bitambuka ku mateleviziyo yo mu Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo na Tanzaniya, kandi turizera ko mu bihe bya vuba tuzaba dufite televiziyo yacu bwite ngo tubashe kubwiriza Afurika yose.

 

GUKORA AMATERANIRO Y’IVUGABUTUMWA (AMAVUNA)

Inkuru ya vuba ishimishije; ni iy’abatuye bo mu mugi wa Tshela uri mu ntara ya Congo Central mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, bakurikiraga ikiganiro Ubutumwa bw’Abamarayika Batatu gitambuka kuri televiziyo yitwa Digital Congo, irebwa na benshi muri icyo gihugu. Buri wese araritse mugenzi we, umugi wose bakurikiranye icyo kiganiro. Igitangaza cyabaye ni uko cyera kabaye Ijambo ry’Imana ryabakoze ku mutima bakiyemeza kuruhuka umunsi w’Isabato, nuko bakabaza ubuyobozi bwa Yunyoni y’Uburengerazuba bwa Kongo ahaherereye urusengero rw’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi rubegereye. Ubuyobozi bw’Itorero bwasanze aho mu mugi wa Tshela nta rusengero bahafite, biyemeza kohereza yo Abakorerabushake kujya kubwiriza abo bizera bashya bari bahindutse . Igihe abo Bakorerabushake bageraga yo, ababyeyi barababwiye ngo “Twamaze gusobanukirwa neza ko dukwiriye kuruhuka ku Isabato, ariko abana bacu biga ku Isabato. Hakorwa iki ngo abo bana na bo bajye baruhuka Isabato?” Abo Bakorerabushake babajije abo babyeyi umubare w’abana bifuza kujya baruhuka ku isabato. Hashize igihe gito, abo babyeyi bagarukanye amakuru ashimishije ko abana bifuza kujya baruhuka ku isabato ari 450 Itorero ryateranyije amafaranga hashakwa ahantu ho guteranira ku isabato, rinubaka ikigo cy’ishuri muri uwo mugi N’ubwo abo banyeshuri biga mu buryo bugoye kuko nta mashuri akwiye bafite, barashima Imana, bakanayubaha baruhuka ku munsi w’Isabato.

PPT isakaza ukuri kwa Bibiliya kuri buri wese ku isi hose, cyane cyane ku bumva indimi z’abanyafurika, binyuze ku biganiro bitambuka ku mateleviziyo, amaradiyo, ku rubuga rwacu rwa interineti, kuri apulikasiyo yacu no ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye

Ibiganiro byacu bitambuka ku mateleviziyo yo mu Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo na Tanzaniya, kandi turizera ko mu bihe bya vuba tuzaba dufite televiziyo yacu bwite ngo tubashe kubwiriza Afurika yose.

Umurimo w’ivugabutumwa ku Banyafurika uragenda wiyongera. Turimo gutanga ibikoresho mu ndimi esheshatu: Kinyarwanda, Igifaransa, Icyongereza, Igiswahiri, Lingala na Tshiluba kandi turizera ko abantu benshi kumugabane wa Afrika bazaha Yesu ubuzima bwabo muburyo dukoresha.

Umubare w’abaturage bose bigishwa na PPT mu ndimi zabo barenga miliyoni 283.61.

Contact Us (DRC):

Centre de diffusion de la Chaine PPT TV:

Goma: Rond Point Tshukudu, Boulevard Kanyamuhanga – Commune de Goma

Watch Our Broadcast on:

Kinyarwanda: TV1 (Canal + 383) via (Canal + 386)
Every Saturday 3-4pm (Kigali Time)
Every Sunday 2-3pm (Kigali Time)

Contact Us (Rwanda):

Adresses:

WhatsApp/Rwanda: